Hafashijwe ba rwiyemezamirimo bato b’impunzi bafite imishinga ibyara inyungu.

Hagamijwe gushyigikira ba rwiyemezamirimo bato (SMEs) b’impunzi, ku bufatanye bw'Akarere ka Huye, GIZ na Dot Rwanda hakozwe amarushanwa y'imishinga ibyara inyungu, hahembwa ba nyir’imishinga myiza hagamijwe kubafasha kwiteza imbere.

 Aya marushwa yakozwe kuwa 05 Mata 2023 ku bufatanye bw'Akarere ka Huye, GIZ na Dot Rwanda, ahuza abafite imishinga ibyara inyungu biganjemo n’impunzi ziba mu Karere ka Huye.

Imishinga 7 yatsinze amarushanwa yahembwe 3,500,000Frw ni ukuvuga 500,000Frw yo gukomeza kongera ubushobozi bwayo.

Nk’uko byasobanuwe, iki gikorwa kigamije gufasha impunzi zituye mu Karere ka Huye n'abandi baturage (Refugees & Host Communities).

Abahembwe bashimiye Leta y'u Rwanda yabakiriye kandi ikaba ikomeje kubafasha kubana neza n'abandi baturage baje basanga.