Hatangiye amatora ya komite y’Ihuriro ry‘Abana.

Mu Karere ka Huye hatangiye amatora y’abagize ihuriro ry’abana kuri buri rwego. Aya matora akorwa hahereye ku rwego rw’Umudugudu kugeza ku rwego rw’Intara, akitabirwa n’abana kuva ku myaka 6 kugeza kuri 17 y’amavuko.

Kuri uyu wa 28 Kanama 2025, hakozwe amatora ya Komite y’ihuriro ry’abana. Ni amatora yakozwe ku rwego rwa buri mudugudu no ku rwego rw’Akagari. Aya matora yitabirwa n’abana bose kuva ku myaka 6 kugeza kuri 17 y’amavuko. 

Biteganijwe ko aya matora azakomeza ku nzego zisumbuye, aho kuwa 29 Kanama 2025 hazakorwa amatora ku rwego rw’Umurenge; kuwa mbere 01 Nzeri 2025 hagakorwa amatora ku rwego rw’Akarere na ho kuwa kabiri tariki ya 02 Nzeri 2025 amatora agakorwa ku rwego rw’Intara n’Umujyi wa Kigali.