Irerero rya “PSG Academy Rwanda” yo muri Huye yegukanye ibikombe 2 by’Isi itsinze andi marerero.

Ikipe y’abatarengeje imyaka 11 n’iyabatarengeje imyaka 13 yo mu Ishuri ry'umupira w'amaguru ry'ikipe ya PSG mu Rwanda yegukanye igikombe cy’isi cy’amashuri y’umupira w’amaguru ya PSG ku rwego rw'Isi.

Muri iri rushanwa ryabereye i Paris mu Bufaransa, u Rwanda rwegukanye igikombe mu batarengeje imyaka 11 na 13, rutsinze Brésil mu byiciro byombi.

Umukino wa nyuma w’iri rushanwa wakinwe kuwa 05 Kamena 2023, ibi ikipe y’abatarengeje imyaka 11 yatwaye igikombe imaze gutsinda ku mukino wa nyuma Brasil kuri penaliti (3-2), na ho iy’abaterengeje imyaka 13 na yo itwara igikombe itsinze ku mukino wa nyuma nanone iya Brazil kuri penaliti (4-3).

Ni ku nshuro ya kabiri u Rwanda rwari rwitabiriye iri rushanwa kuko umwaka ushize wa 2022 na bwo rwegukanye igikombe mu batarengeje imyaka 13, icyo gihe mu batarengeje imyaka 11 rwari rwaje ku mwanya wa kane.

Mu Ugushyingo 2021 ni bwo Paris Saint Germain yafunguye ishuri ryigisha umupira w’amaguru mu Rwanda, iri shuri rikaba rikorera mu Karere ka Huye kuri Stade Huye. Paris Saint Germain yo mu Bufaransa kandi inamamaza ubukerarugendo bw’igihugu binyuze muri “Visit Rwanda” kuva m’Ukuboza 2019.